UBUTUMWA BUBURIRA

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurongera kuburira abaturarwanda kutajya mu bucuruzi bw’amafaranga y’uruhererekane (Pyramid Scheme) burimo gukorerwa kuri murandasi (Internet) kuko butemewe n’amategeko.

Ubu bucuruzi bukorwa bizeza umuntu gushoramo amafaranga akazabona inyungu z’umurengera, banakangurira uwashoyemo gushaka abandi bantu yinjiza kugira ngo azabone ya nyungu hashingiwe ku mubare wabo yinjije.

Uru ruhererekane rw'amafaranga (Pyramid Scheme/Ponzi Scheme, Eight Sphere Scheme) bugamije ubwambuzi bushukana bityo abaturarwanda bakaba basabwa kutabujyamo, kuko butemewe mu Rwanda. RIB ikaba isaba abantu bagiye muri ubu bucuruzi bw'uruhererekane rw'amafaranga kubuvamo kuko uzabifatirwamo wese azahanwa nk’uko amategeko abiteganya.

RIB iboneyeho kumenyesha ko izitwa Ujama United Family, Tuzamurane, Blessing, StakexChain Rwanda Ltd, CHY mall, 7th Generation Network, Economy Driver zisaba abantu binjiramo gutanga 100,000 Frw bakazahabwa 800,000 Frw, basabwa gutanga 500,000 Frw bakazahabwa 4,000,000Frw, basabwa gutanga, 1,350,000Frw  bakazahabwa 9,000,000Frw n’izindi zikora nkazo, ko nazo zitemewe.

RIB irashimira abakomeje kuyiha amakuru kuri ibyo bikorwa by’ubwambuzi bushukana ubu hakaba hamaze gufatwa abantu barindwi ndetse ibikorwa byo gufata n'abandi babigizemo uruhare birakomeje.

RIB irasaba abantu bose babifiteho amakuru kuyatanga kuri Sitasiyo za RIB zibegereye cyangwa ku rubuga rwa E-menyesha, kuri email complaint@rib.gov.rw cyangwa guhamagara kuri 166  kugirango icyaha gikumirwe.

Emergence Toll free Numbers

166

Emergency call/ Sharing crime related informations

Call: 166

166

Reporting domestic and/or gender based violence

Call: 3512

2040

Reporting dissatisfaction of RIB services

Call: 2040

3029

Isange One Stop Centre

Call: 3029

166

Reporting child abuse

Call: 116

Media inquiries

Media inquiries

Call: (+250)788 311 164